Ikipe yo mu Ubudage yitwa FC Augsbourg, yemereye Rayon Sports FC ko izajya iyiha imifungo ine itandukanye y’imyamabaro yo gukinana, imipira ijana yo gukina, kohereza abakinnyi mu Budage mu igeragezwa, n’ibindi bikoresho byifashihwa mu myitozo.
Ibi byabaye ubwo Perezida wa Rayon Sports, akaba n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah yari mu ruzinduko rw’akazi ka Leta mu Budage, akanaboneraho kuganira n’ikipe ya FC Augsbourg ku gufasha Rayon Sports FC.
Murenzi ngo yavuye mu Budage yemeranije na Augsbourg ko buri mwaka Rayon izajya ihabwa ibiyifasha nk’uko Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier yabitangarije IGIHE.
Gakwaya yagize ati “Uretse kuba Augsbourg yaratwemereye kujya iduha buri mwaka imyambaro, imipira yo gukina n’ibikoreshwa mu myitozo, twanemeranijwe ko Rayon izajya yohereza abakinnyi babiri buri mwaka mu igeragezwa muri Augsbourg.”
Ikindi ni uko ngo nyuma ya Shampiyona yo mu Budage, hagati y’aya makipe yombi hazanigwa ku mafaranga Rayon Sports izajya igenerwa buri mwaka, dore ko ngo binateganijwe ko Augsbourg izaza no gukina na Rayon mu Rwanda.
FC Augsbourg ikunze kugaragara mu mikino yo mu kiciro cya kabiri n’icya gatatu cyo muri Shampiyona yo mu Budage.
Umutoza w’ikipe ya Manchester Alex Ferguson azajya mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’iyi season. Ferguson ufite imyaka 71 yatoje Manchester United mu gihe cy’imyaka 26 ayihesha ibikombe 15 bya Premier League na 2 bya Champions League.
Umwanzuro wo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, Sir Alex Ferguson yawufashe nyuma y’igihe kinini abyigaho ariko ntabishyire mu bikorwa. Yagize ati:” Kujya mu kiruhuko cy’izabukuru nabitekerejeho kenshi ariko sinabifatira umwanzuro; iki nicyo gihe ngo mbishyire mu ngiro.”
Alex Ferguson n’ubwo agiye mu kiruhuko cy’izabukuru azakomeza imirimo ye y’ubuyobozi n’ubwambassaderi mu ikipe ya Manchester United,kuri we abona yasezeye ikipe ye mu buryo bwiza kandi bwiyubashye.
Umukinnyi Michael Owen afata nk’icyubahiro kuba yarigeze gutozwa na Ferguson ;yanditse kurubuga rwe rwa Twitter ati” Manchester itagira Ferguson nta kigenda!”
Naho Louis Saha ukinira ikipe y’ubufransa akaba yaratojwe na Ferguson ubwo yakiniraga Manchester kuva muri 2004 kugeza 2008 yagize ati:” Ferguson aragiye, nizere ko amerewe neza. Ni we mugabo nyawe nabonye mu buzima nyuma ya data umbyara. ”Agereranya Ferguson nk’ikigirwamana cy’umupira w’amaguru.
Ikipe ya Manchester United ntiratangaza kugeza ubu uzasimbura Ferguson gusa David Moyes utoza ikipe ya Everton niwe uri guhabwa amahirwe n’abantu benshi yo kumusimbura. Mu bandi bari guhabwa amahirwe yo kumusimbura harimo Jose Mourinho uri gutoza ikipe ya Real Madrid .
Umukino wa nyuma Alex Ferguson azatoza uzahuza ikipe ya Manchester na West Bromwich uzaba tariki 19 Gicurasi.
Ikipe y’u Rwanda “Amavubi” ni kimwe mu bintu bitanga ikizere cy’ubwiyunge mu banyarwanda .Muri aya mashusho;Leandre Bizagwira wahoze ari kapiteni w’iyi kipe,aratanga ubuhamya bw’intsinzi y’amavubi yo ku wa 06 Nyakanga 2003.Uwahoze ari umutoza w’iyi kipeRatomir DUJKOVIC arasobanura akazi yakoreye amavubi. Naho Celestin MUSABYIMANA wahoze ayobora FERWAFA akavuga ko gukinira hamwe no gutsinda birandura burundu ivanguramoko.
Golf ni umukino wihariye haba mu mikinire ndetse n’amategeko awugenga .Benshi bakunze kutawitabira kuko babona ari umukino udashyushye nk’iyindi basanzwe bazi,kandi ukunze gukinwa n’abakire gusa.
IGIHE TV yegereye umukinnyi ndetese akaba n’impuguke uzwi cyane mu Rwanda Emmanuel Ruterana maze asobanura birambuye uko uwo mukino ukinwa. Ashishikariza kandi banyarwanda gukina uwo mukino kuko uhendutse mu Rwanda ugereranyije no mu bindi bihugu . Agereranya u Rwanda n’ibindi buhugu muri golf agasanga nta huriro kuko mu gihe gukina golf mu bihugu byo mu Burayi n’Amerika bisaba byibuze amadorali y’Amerika ibihumbi cumi na bibiri, mu Rwanda bisaba amadorali Magana atandatu gusa ku mwaka.
Umukinnyi Suarez yaciwe amande n’ikipe ya Liverpool nyuma y’aho arumye Ivanovic ejo hashize mu mukino wahuzaga Liverpool na Chelsea .
Ikipe ya Liverpool ikaba yamuciye amande akazahabwa imiryango 96 y’abafana bayo bazize impanuka muri1986. Nyuma yo gukora aya marorerwa Suarez yasabye imbabazi ku rubuga rwe rwa Twitter ariko ntibyabujije umuyobozi wa Liverpool Ian Ayre gutangaza ko nimyitwarire ye idakwiriye umukinnyi wa Liverpool. Akaba avuga ko Suarez yaciye intege abafana be ndetse n’abakunzi ba Liverpool muri rusange.
Si ubwa mbere uyu mukinnyi ukomoka mu gihugu cya Uruguay ahanwe kubera kurumana kuko no mu Gushyingo 2010 yahagaritswe mu mikino irindwi ubwo yarumaga umukinnyi Otman Bakkal wo mu ikipe ya PSV Eindhoven ubwo bakiniraga kuri sitade ya Ajax Amsterdam.
Résumé de la rencontre de la CAN 2013 dont le match oppose la Tunisia a Algeria. cette rencontre a mit fin avec le score de 1 but pour la Tunisie et 0 du cote de l’Algerie
Résumé de la rencontre de l’une 1ere journée de la CAN entre la Cote d’Ivoire et le Togo.
Résumé de la rencontre de la 1ere journée de la CAN entre la Zambie et l’Ethiopie.
Résumé de la rencontre de la 1ere journée de la CAN entre le Mali et le Niger
Résumé de la rencontre de la 1ere journée de la CAN entre le Ghana et le RD Congo
Voici des ralentis du but refusé par l’arbitre guinéen du Match Algérie - Rwanda le dimanche 11 Octobre 2009, lors de l’avant dernier match de qualification pour la coupe 2010 en Afrique du Sud. C’est scandaleux... Le ballon est rentré de plus d’un mètre dans le but, sans qu’aucun des arbitres ne le voit. J’espère qu’il sera sanctionné.



