
Kuri uyu wa kane tariki 10 Gicurasi 2013, IGIHE.TV twasuye bamwe mu Barasta bari aho bakunda kwita JAPAN ONE LOVE,bakaba bategereje ko bizihiza umunsi mukuru wo kwibuka Bob Marley kuruyu wa gaatanu tariki 11 Gicurasi 2013.
Abo twahasanze badutangarije uburyo biteguye uwo munsi RASTA MUKASA ati”Ndimubantu batangije injyana ya REGAE mu Rwanda muri 1986.
Akomeza avuga ko Bob Marley yatanze ubutumwa butandukanye ku BARASTA bose,agira ati ntitukagire ubwoba bwibyo duhurira nabyo mu ishyamba kuko ibirura byo mu ishyamba ari abiduca integer,yakomeje atubwira ko kuba Umurasta ari uburyo bwo kwiyegurira Imana udaciye mu madini kandi ugomba kuvuka bwakabiri kugirango ube umurasta. Abarasta bose ntabwo bemera ko BOB MARLE yapfuye ahubwo bavuga ko yimutse kuko RASTA NEVER DIE(RASTA NTAPFA),akomeza avuga ko batumiye abahanzi batandukanye nka SAMBUTU,JEY POLLY nabandi benshi ariko ngo icyangombwa nukwamamaza urukundo”.
RASTA RURANGIRWA Dariyus ubarizwa mu Busuwisi ariko akaba ari Umunyarwanda nawe yagize icyo adutangariza agira ati”Bob ni umuvandimwe wacu akaba ari ni Intumwa kandi igituma bamukunda bakanamwubaha nuko yarafitiye isi imigambi myiza harimo urukundo,amahoro n’ubutabera.
Yakomeje atubwira ko we ubwe adufitiye gitaramo kuruyu wa gatanu akaba arinawe watumiye JEAN PAUL SAMBUTU ndetse na Sophia ZAYISENGA akaba yarabifashijwemo na RASTA GATERA”. \RASTA BWANAMUNGU a.k.a NYABINGI ati” Turifuza gufatanya nabakunzi ba Bob Marley mu rwego rwo komora inkovu twatewe nokubura umukunzi wacu Bob Marley”
IGIHE.TV twabashije kuganira na BARATSA benshi batandukanye bateraniye aho muri JAPAN ONE LOVE bose batubwira ko intego arimwe ari’PEACE AND LOVE”(AMAHORO N’URUKUNDO) kandi ko bazadutaramira kuri uyu wa gatanu.
Uko umuhanzi King James yakiriye guhamagarwa mu bitabira Rwanda Day London 2013
Nabyakiriye neza cyane dore ko ari n’amahirwe akomeye. Bikwereka ko hari aho umaze kugera kuba bagutekereza nk’umuhanzi ushobora guserukira igihugu.
Nk’undi munyarwanda wese ubu nanjye nabukereye dore ko ari n’unbwa mbere nitabiriye uriya munsi. By’umwihariko nk’umuhanzi, niteguye kubaririmbira. nkakoresha imbaraga zanjye kandi niteguye gukora neza umurimo nahamagariwe.
Knowless muri Rwanda Day London 2013
Knowless Butera, umwe mu bahanzi batowe guhagararira abandi mu munsi wahariwe u Rwanda (Rwanda Day) avuga ko yiteguye gukumbuza Abanyarwanda baba hanze ibikorwa by’iterambere biranga igihugu.
Ibi Knowless yabitangaje, mu kiganiro kirambuye yagiranye na IGIHE. uyu muhanzi kandi yagize n’icyo avuga ku bijyanye n’uko yiteguye gutaramira Abanyarwanda bari mu Bwongereza n’abazitabira ibi birori bose.
The Service Show:"The importance of smiling at Customers"
Service with a smile is always important for your business. To every customer you greet, your sincere facial expression should say, “I’m so glad to see you!”
Walking into any store or office for the first time can be a frightening experience for any customer. This is your turf, not theirs. They’re unfamiliar with the products and services, where things are located, and the person with whom they’re dealing. They may wonder whether you can meet their needs or whether your company is reliable. To overcome the fear and trepidation a customer feels, always greet customers with a warm, sincere smile. Don’t be fake about it. A gracious welcome Reduces the customer’s fear of the unknown Builds trust Makes your customer feel good about him- or herself Makes your customer feel good about doing business with you
CENTURY CINEMA YAZANYE UBURYO BUSHYA BWO KWEREKANAMO FILIMI MU RWANDA.
Mu Rwanda, bwa mbere mu mateka, hagejejwe uburyo bwo kurebamo filimi muri 3 Dimension ndetse na 5 Dimension, bwatangijwe na Century Cinema.
Ubu buryo bwo kureba filimi muri 5 Dimension butuma umuntu areba filimi akiyumva nk’uyirimo hifashishijwe amataratara (lunettes/Glasses) yabugenewe, bitandukanye n’uburyo dusanzwe tuyireba kuri televisiyo na za mudasobwa.
Charles Gacigua, Umuyobozi w’Ibikorwa muri Century Cinema akaba n’inzobere mu byo kwerekana filimi muri rusange, by’umwihariko izikoze muri ubu buryo bwa 5D, avuga ko Century Cinema izanye ubu buryo mu rwego rwo kugeza ku banyarwanda ibyiza bivuye nahandi.
Charles Gacigua, Umuyobozi wa Century Cinema yadutangaruje ko “Century Cinema” ari inzu yerekana filimi, icyo turi kugerageza gukora ni ugufasha Abanyarwanda kujyana n’igihe tugezemo tubazanira filimi mu buryo bwemewe kandi tukazibagerezaho mugihe zikiva Hollywood.”
Yakomeje avuga ati "Njyewe aho nturuka muri Kenya, abantu baho bamenyereye umuco wo kurebera filimi mu mazu yabugenewe bakayabonera ku gihe agishyirwa hanze, kandi ho 5D ihamaze igihe ugereranyije no mu Rwanda.”
ITANDUKANIRO RIRI HAGATI YA 3D, NA 5D.
Icyo 3D irusha uburyo busanzwe turebamo filimi ni uko ureba muri ubu buryo abasha kubona ibintu muri filimi bimwegereye kurushaho akiyumva amenze nk’uyirimo, ndetse n’amajwi akumvikana mu buryo bwiza kurushaho.
5D yo si filimi mu buryo busanzwe, nk’uko Charles Gacigua abisobanura,ahubwo ni uduce duto twa Video (Video clips) tw’iminota itanu kugeza ku moinota umunani, aho uwambaye amataratara akareba bitewe n’intebe zabugenewe bicaramo, ho babasha kugira ibyiyumviro bimeze nkaho bari mubyo bareba.
“Muri 3D ureba amashusho gusa ukumva umeze nk’uyarimo uyegereye cyane. Naho muri 5D hiyongeraho kumva buri kimwe uri kubona kikubaho ubwawe, nk’aho ubonye imodoka igenda uba umeze nk’uyigendamo niba hari icyo ugonze ukabyumva, wakata ikona intebe wicayemo igahengama nkaho ukoze icyo gikorwa cyo gukata wazamuka ikegama nk’uzamuka, wagera ahameneka amazi ukumva ameze nk’akugeraho nawe.”
Century Cinema ibaye iya mbere mu kugeza mu Rwanda uburyo bwo kureba filimi muri 3D na 5D ndetse n’uburyo busanzwe hakoreshejwe Projectors/Projecteurs nini, ibi byose bikazajya bikorerwa mu mazu yabugenewe aho aherereye mu nyubako "Kigali City Tower". By’umwihariko kandi bitewe n’ukuntu ifite ibyumba bigera kuri bitatu byerekanirwamo filimi, Century Cinema ifite ubushobozi bwo kujya yerekana filimi zirenga ebyiri icyarimwe.
Ubusanzwe aherekanirwaga sinema mu Rwanda hari hamenyerewe ni mu gace ka Nyamirambo ahari amazu atatu yerekanirwamo filimi arimo Cine Elmay na Cine Star.
AGASHYA CENTURY CINEMA IZANYE
Charles Gacigua avuga ko atazi uburyo Cinema mu Rwanda zerekanwaga, ariko we yizera ko aribo bambere bazanye uburyo buri ku rwego ruhambaye kurusha izindi ziri mu Rwanda.
Agira ati : “Sinzi ibyari bisanzwe hano mbere ariko nizeye ko bitari ku rwego ruhambaye nk’uko biri muri Afurika y’Epfo cyangwa Kenya, kuko iyo bihaba ntitwari bugorwe no kubona uburenganzira bwo kwerekana filimi dukuye i Hollywood bitugoye, ngo bidufate ukwezi n’igice kose.”
“Agashya tuzanye ni uko tuzajya twerekanira filimi nshya ku gihe kandi tubifitiye uburenganzira.”
Gacigua avuga ko abashinzwe gukwirakwiza filimi (Distributors) batari bafite uburenganzira bwo kugeza filimi mu Rwanda, kuko nta bashinzwe kuzigaragariza abantu (exhibitors) bemewe bari bahari nka Century Cinema.
Century Cinema iteganya gutangira kwerekana filimi zabo tariki ya 10 z’uku kwezi kwa gatanu, n’ubwo ubundi yakabaye yaratangiye tariki ya gatatu ubwo hasohokaga filimi ya Ironman 3 mu buryo bwa 3D.
UBURYO CENTURY CINEMA IZAJYA IKORAMO
Century Cinema ifite ibyumba bitatu byo kwerekaniramo filimi, hakurikijwe urwego rwa filimi zerekanirwamo n’ubushobozi bw’abantu bashobora kwicaramo, abantu bakaba bazajya bareba filimi mu buryo butandukanye rimwe na rimwe hakurikijwe urwego filimi irimo n’icyiciro cy’ubukure abagenewe kureba filimi runaka barimo.
Gacigua avuga ko hari icyumba kicazwamo abantu 334, icyicaza abantu 129, hamwe n’ikijyamo abantu 70. Kuba rero bafite ibyumba n’ibikoresho byabugenewe bihagije bizatuma hazashobora kuba hakerekanwa filimi zitandukanye icyarimwe, abana bakerekwa izabagenewe n’abakuru bakerekwa izabo zabagenewe.
Filimi zizajya zerekanirwa muri Century Cinema hazaba higanjemo izakorewe Hollywood muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, naho izo mu Rwanda nazo zikaba zizabasha kwerekanwa ni haramuka habayeho kubisabwa n’abakiriya ariko zo zikerekanwa mu buryo busanzwe bwa 2D kuko zo byasaba ko zoherezwa gukorerwa Hollywood kugira ngo zigere ku rwego rwa 3D
Ibiciro ku kureba filimi bigendana n’urwego filimi irimo. Filimi iri mu rwego rwa 2D ni ukuvuga filimi zerekanwa mu buryo busanzwe tumenyereye hifashishijwe projecteur/projector, izajya yerekanwa ku mafaranga y’u Rwanda 3500, iri mu rwego rwa 3D izajya yerekanirwa ku mafaranga 4500, naho iziri kurwego rwa 5D zireberwe ku mafaranga 5000.
Amateka ya Cinema mu buryo bwa 3D Filimi ya mbere yerekanwe ku buryo bwemewe mu buryo bwa 3D mu mateka ni iyitwa “The Power of love yerekaniwe i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika tariki ya 27 Nzeri 1922. Gufata amashusho yo mu rwego rwa 3D byabayeho bwa mbere mu 1894 bikozwe n’umugabo witwaga William Friese Greene w’Umwongereza.
Umuhanzi Jay Polly abona hari byinshi abahanzi nyarwanda bakwiye kwigira ku muziki w’ibindi bihugu.
Umuririmbyi w’injyana ya Hip Hop Jay Polly ,ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane muri iki gihe.Nk’uko bigaragara muri video,imiririmbire ye ihagurutsa banyabirori ku buryo budasanzwe.
Aganira n’umunyamakuru w’Igihe Tv yavuze ko abona umuziki nyarwanda ugeze ku rwego rushimishije , ariko agasanga nanone bidakwiye ko abanyarwanda birara ahubwo bakwiye kurebera ku bandi maze bagaheraho bakomeza gutera imbere. Ku bwa Jay Polly ibirori nka FESPAD bikwiye kubera abahanzi nyarwanda umwanya wo kuzamuka kuko ngo iyo babonye ibyiza abandi babarusha bibatera ishyaka ryo gukora ibihangano bifite umwihariko.
Iki kiganiro kiri nokurubuga cyacu cya Dailymotion: >http://www.dailymotion.com/igihetel...]
Bamwe mu bahanzi nyarwanda babona uburyo ibirori bitegurwa bugeze ku rwego rushimishije
Iterambere ry’umuziki nyarwanda rikunze kugaragarira mu itegurwa rinoze ry’ibirori . Nyamara bamwe mu bahanzi basanga urugendo rukiri rurerure ngo umuziki n’itegurwa ry’ibirori bigere ku rwego runogeye buri wese .
Kimwe mu birori cyatumye rubanda bashobora kugereranya umuco ndetse umuziki nyarwanda n’iby’idindi bihugu, ni iserukiramico nyafurika rya FESPAD. Abahanzi bitabiriye ibyo birori nka Rurangwa Gaston uzwi kw’izina rya Skizzy, Bulldog hamwe n’umwe mu bagize itsinda rya Strong Voice ;barishimira urwego umuziki nyarwanda ugezeho ariko bakabona hari byinshi bigikwiye kwigirwa ku bindi bihugu kugira ngo umuziki nyarwanda ushobore kugera ku iterambere rihamye.
Umuhanzi MC TINO arasobanura byinshi ku ndirimbo « Unshyira High »
Umuhanzi MC Tino uririmba muri groupe ya « TBB » , akaba n’umunyamakuru kuri Radio KFM yasobanuriye abafana be byinshi bimwerekeyeho ndetse anavuga ku mashusho y’indirimbo « Unshyira High ».
Uyu muhanzi avuga ko indirimbo « Unshyira High » bayihimbye bagendeye ku byababayeho ubwo babengukwaga umukobwa mu kabari ku Kacyiru. Ariko abona ko abantu badakwiye kugendera ku bivugwa muri iyo ndirimbo ngo bishore mu businzi n’ibiyobyabwenge, dore ko muri iyo ndirimbo amagambo Unshyira High ugenekereje bivuze ngo « utuma mera nk’uwasinze. » Muri gahunda za hafi umuhanzi Mc Tino atangaza, harimo ishyirwa hanze rya Album ya mbere ya Group TBB nubwo avuga ko idateganyijwe muri uyu mwaka ndetse no gutegura amashusho y’indirimbo « Keza » yakoranye n’umuhanzi Gisa . TINO avuga we n’umukobwa w’inshuti ye « Layla »bateganya kuzarushinga mu minsi iri mbere . Arakangurira abafana be gukunda Imana nubwo baba bihagije mu byo bakeneye byose.
Byinshi kuri Atome, umusirikare waje kuba umunyarwenya w’icyamamare
The Profile, l’émission qui vous emmène chaque fois à la rencontre de différentes personnalités.
Qu’ils soient en Afrique, Europe et en Amérique la rédaction IGIHE TV vous plonge dans le quotidien de ces grandes personnalités et vous font partager leurs parcours et découvrir leurs métiers. L’occasion également de découvrir différents secteurs d’activités, et mettre en lumière ambitions et réussites:
Ntarindwa Diogène bakunze kwita Atome ni umukinnyi w`amakinamico ndetse akaba ari n`umuntu usetsa(comedian) w`umunyarwanda.
Yavukiye i Burundi mu mwaka w`1977 aho umuryango we wari warahungiye ubwicanyi bwo mu 1959. Akiri ingimbi yaje kwinjira mu ngabo zari iza FPR inkotanyi zabohoye u Rwanda mu mwaka 1994.
Ntarindwa Diogène ngo akaba yarababajwe cyane nibyo yabonye muri genocide akiri umusirikare, nibwo yafashe icyemezo cyo kuba umuvugizi atangariza abantu mu makinamico no mu dukino dutandukanye iby`iryo sanganya.
Mu mwaka w`1996 yinjiye muri kaminuza y`u Rwanda i Butare mu ishami ry`amategeko ari nako agaragara cyane mu makinamico atandukanye mu itorero ry`ikinamico ryo muri kaminuza ya Butare. yagaragaye mu ma kinamico ya Koulsy Lamko, Corps et voix, paroles rhizome. Nyuma yaho yakomeje kugaragara mu bitaramo ahantu hatandukanye muri iryo torero ry`ikinamico rya kaminuza y`u Rwanda. Mu mwaka wa 2002 yaje kwerekeza mu gihugu cy`Ububiligi mu mugi wa liège gukurikira amasomo mu byitwa art dramatique.
Nubwo rero uyu atome yari azwi cyane mu by`amakinamico abantu benshi mu Rwanda ntibari bamuzi.
Byinshi kuri Atome, umusirikare waje kuba umunyarwenya w’icyamamare
Ntarindwa Diogène bakunze kwita Atome ni umukinnyi w`amakinamico ndetse akaba ari n`umuntu usetsa(comedian) w`umunyarwanda.
Yavukiye i Burundi mu mwaka w`1977 aho umuryango we wari warahungiye ubwicanyi bwo mu 1959. Akiri ingimbi yaje kwinjira mu ngabo zari iza FPR inkotanyi zabohoye u Rwanda mu mwaka 1994.
Ntarindwa Diogène ngo akaba yarababajwe cyane nibyo yabonye muri genocide akiri umusirikare, nibwo yafashe icyemezo cyo kuba umuvugizi atangariza abantu mu makinamico no mu dukino dutandukanye iby`iryo sanganya.
Mu mwaka w`1996 yinjiye muri kaminuza y`u Rwanda i Butare mu ishami ry`amategeko ari nako agaragara cyane mu makinamico atandukanye mu itorero ry`ikinamico ryo muri kaminuza ya Butare. yagaragaye mu ma kinamico ya Koulsy Lamko, Corps et voix, paroles rhizome. Nyuma yaho yakomeje kugaragara mu bitaramo ahantu hatandukanye muri iryo torero ry`ikinamico rya kaminuza y`u Rwanda. Mu mwaka wa 2002 yaje kwerekeza mu gihugu cy`Ububiligi mu mugi wa liège gukurikira amasomo mu byitwa art dramatique.
Nubwo rero uyu atome yari azwi cyane mu by`amakinamico abantu benshi mu Rwanda ntibari bamuzi.
Umukinyi w’amafilimi Oprah mu kiganiro n’umunyamakuru w’IGIHE TV
Umukinnyi w’amafilime uzwi cyane yo mu gihugu cya Tanzania Irene UWOYA bakunda kwita ku Oprah yagiranye ikiganiro n’IGIHE.TV mu gihe yari mu Rwanda aje mu muhango wo gutanga ibihembo ku bakinnyi ba filime n’amafirime yitwaye neza mu 2012 movie awards.
Aganira n’umunyamakuru w’igihe.tv yatangiye amubwira ko yishimiye kugera mu gihugu cy’u Rwanda, kandi ko kimwe mu byamushimishije harimo nko kubona u Rwanda rufite isuku, abantu bose basa neza .Uyu Oprah umenyereweho kuba akina kandi akanayobora amafilime mu gihugu cya Tanzania bakunda kwita Bongo Movies, yari yaje kwifatanya n’abanyarwanya kandi no kureba aho ubuhanzi bwa filimi bugeze.
Kubwe ngo abona ko kuba abanyarwanda bagikoresha ururimi rw’ikinyarwanda mu gukora amafilimi ari ikibazo kuko abahanzi bari bakwiye gutekereza uburyo bakoresha izindi ndimi mu gukina filimi nk’igiswahili n’icyongereza, mu bahanzi bo mu Rwanda kuko harimo n’abo ajya yumva indirimbo zabo cyangwa akareba filimi zabo ngo yumva bafite impano ahubwo hakenewe kongeramo ubushake.
Muri filime Oprah amaze kuba yagaragaramo ngo filime yamwitiriwe ariyo “Oprah” igice cyayo cya kabiri niyo yamubabaje kurusha izindi kuko agaragaramo arira, ajya muri gereza n’ibindi ngo kuri we yumva ayanze. Irene UWOYA bakunda kwita Oprah akaba yubatse afite umugabo w’umunyarwanda.
30 Min with miss Rwanda 2012
15 Min avec…, le talk-show qui vous fait découvrir les parcours des personnalités célèbres du Rwanda et ailleurs.
Dans cette épisode LAETITIA reçoit Miss Rwanda 2012 Aurore MUTESI parle de son couronnement comme Miss Rwanda 2012. Elle revient sur son enfance, sa vie scolaire sa famille,… Elle parle surtout de ses débuts dans le mannequinat, sa participation dans Miss Province du sud et son sacre au niveau national.
Pour finir elle parle des rêves et ambition.
Sandra Idossou arasobanura ibijyanye n’ikinyamakuru The Service Mag
Mu kiganiro “The Service Show”, umutumirwa Sandra Idossou arasobanura ibijyanye n’ikinyamakuru The Service Mag cyandika ku bijyanye n’itangwa rya Serivisi nziza.
Avugako ko icyamuteye gushinga icyo kinyamakuru ari uko nyuma y’aho aziye mu Rwanda yabonye hari ikigomba gukorwa ku itangwa rya serivisi nziza maze agashinga ikigo gitanga amahugurwa n’inamaku itangwa rya serivisi akandika n’inkuru mu kinyamakuru the new times zivuga ibijyanye n’ireme rya serivisi ndetse yandika n’igitabo ku rugaga rw’abikorera.
Avugako nyuma yaje kubona ko kugira ngo ahugure umubare munini w’abantu ku itangwa rya serivisi nziza ari uko yasohora ikinyamakuru gihora gisohoka kigahabwa abantu mu Rwanda hose. Icyo kinyamakuru kandi yifuzaga ko cyatangazwa mu ndimi eshatu , Ikinyarwanda, Igifransa n’icyongereza kugira ngo gishobore gusomwa na buri wese.
Sandra Idossou avugako ingorane bahuye nazo kuva The Service Mag yatangira kwandikwa ari ukuba yifuza ko yajya itangirwa Ubuntu ariko hakaba hashize imyaka itatu bitarashoboka . Akomeza avuga ko The service mag itagenewe u Rwanda gusa ka hari abantu mirongo inani na batatu bayandikira ku isi hose.Ku bijyanye n’ibyo kwandika nta kibazo abona ariko kubona abamamaza ikinyamakuru abona ari ikibazo kuko ngo n’ubwo cyandikwa rimwe mu mezi atatu gishobora kujya cyandikwa buri kwezi babonye abacyamamaza bahagije.
Abajijwe umubare w’ibinyamakuru basohora avuga ko basohora kopi 5000 kandi the Service Mag ikaba no ku rubuga rwa Interineti www.theservicemag.com kugirango igere no kubatashoboye kuyigura yanditse,kopi zikaba zisakazwa mu ntara zose mu mahoteri ,amarestaurant n’utubari dutandukanye.
Kuri we itangwa rya serivisi nziza rifitiye akamaro u Rwanda kubera ko rushaka kugera ku iterambere rirambye kandi iryo terambere ritagerwaho hatabayeho itangwa rya serivisi nziza mu bigo bya leta rigeze ku rwego mpuzamahanga.
Abona ko itangwa rya service riri kugenda rijya ku rwego rushimishije kuko ngo abantu bagenda bamenya gahoro gahoro ko bafite uburenganzira bwo guhabwa serivisi nziza ,n’abandi bakagenda bamenya ko bagomba gutanga serivisi nziza kugirango batere imbere.
15 Min avec Mani Martin
15 Min avec…, le talk-show qui vous fait découvrir les parcours des personnalités célèbres du Rwanda et ailleurs. Dans cet épisode LAETITIA reçoit l’artiste Rwandais MANI Martin. Il nous parle de la sortie simultanée de ses deux albums, de son concert haut en couleurs au Serena Hôtel. Il revient sur son parcours depuis la province de l’est ou il a commencée a l’âge de 11 ans jusqu’aux podiums de Boston ou il a accompagne le Président Paul Kagame récemment. Enfin il parle des rêves, ambitions et parle de sa vie privée…
Behind the Scenes Ep.2
Go behind the scenes with Master Kaycee and learn how ground-breaking videos are made.
Get exclusive access to the cast and crew and see firsthand what it takes to have great videos of music videos, movies, commercials,.... This show is developed to illuminate the creative process underlying the working of artists. Enjoy
Le Mag " Umunyamakuru w’igihe tv yaganiriye na "Jules Sentore hamwe Felix "
Mugihe urubyiruko rudakunze guhanga ku muco gakondo ,hari bamwe biyemeje guhanga no guteza imbere uwo muco.
Umunyamakuru w’igihe tv yaganiriye n’abahanzi "Jules Sentore" na" Felix Ngarukiye" ku bijyunye n’ubuhasnzi bwabo,aho babukomora ndetse n’uko babona ubuhanzi ku muco nyarwanda w’umwimerere bwagera ku rubyiruko.Mu murya w’inanga ,aba bahanzi baririmba indirimbo " Ikibungenge " ndetse n’izindi z’umuco gakondo.
Solid Africa mu bikorwa byo gufasha abarwayi mu bitaro mu Rwanda
Solid Africa ni umuryango udaharanira inyungu washinzwe muri Nzeri 2010 n’urubyiruko nyarwanda rwasanze rukwiye kugira icyo rukora ku bibazo abarwayi batagira kivurira bahurira nabyo mu bitaro.
Mu ntangiriro, Solid Africa yari ihuje inshuti nke, nyuma iza kwaguka kandi mu buryo bwihuse. Abandi bajene barenga 40 baje kuba abanyamuryango ba Solid Africa, aho ibikorwa byo gufasha abarwayo kubona ibiryo mu bitaro ku batabifite, wasanga bikorwa buri wese yikoze ku mufuka.
Kuri ubu Solid Africa ikora ibikorwa bitandukanye hagamijwe gukusanya inkunga zo gufasha abarwayi. Akenshi uyu muryango ufasha abarwayi bo mu bitaro bikuru bya Kigali CHUK.
Bimwe mu bikorwa by’umuryango Kizito Mihigo for Peace
Kizito Mihigo for Peace ni umuryango udaharanira inyungu, ugamije gushimangira ibikorwa byo Kwibuka, Kwifatanya n’abababaye, Gutoza abantu kubabarira no gusaba imbabazi, Ubwiyunge n’Ubumwe, Agaciro nyako ka muntu, Ubutagoma n’Amahoro, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Kizito Mihigo ni umunyamuzika gaturika, wacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma yo kwiyemeza gufata ubuzima bwe n’ibihangano bye akabyegurira ibikorwa bitanga ubutumwa bw’Imbabazi n’Ubwiyunge mu banyarwanda, mu mwaka wa 2010 havutse uyu muryango ufite izina rye, kugira ngo umutere ingabo mu bitugu, ibyo bikorwa by’amahoro n’ubuvandimwe birusheho kwaguka no gushinga imizi mu bantu.
Intego y’uyu muryango rero, ni ugukoresha ubuhanzi bunyuranye (Muzika, Imbyino, Amakinamico, Imivugo, Sinema n’ibindi) mu kubiba izo ndangagaciro ntangamahoro mu bantu.
N’ubwo Kizito Mihigo azwi cyane nk’umuhanzi wo mu idini Gatolika, umuryango Kizito Mihigo for Peace ufite abanyamuryango barenga 500 bakomoka mu madini atandukanye.
The Fashion Show - Salinas Bikini Show - Brazil Fashion Week
RIO FW SS 11 SALINAS SWIMWEARSHOW
"Nikki and Sara Show" - Nikki Glasser and Sara Schaefer - MTV Party
My video interview with Nikki Glasser and Sara Schaefer about their new series "The Nikki and Sara Show" on MTV from the red carpet at the MTV Fall 2012 Party














